Muri iyi minsi isoza umwaka nibwo hari hateganyijwe igitaramo cyo kumurika album ya Urban Boys (Tayali) aho kigomba kubera mu gihugu Cy'u Burundi gusa nanone Label ya Kina Music ifite Ibitaramo nayo iri gukora byiswe "Volcano Xmas Tour" gusa bikomeje kuvugwa ko umwuka utari mwiza hagati y'izi mpande zombi bitewe n'imenyekanisha ry'ibi bitaramo.
Ku itariki 25/12 hari kuri noheli nibwo Kina music yari ifite igitaramo yagombaga gukorera muri musee yo mu gihugu cy'u Burundi yiswe "musee vivant" , naho Super level yo ikaba izakora igitaramo cyo kumurika album ya urban boys nyuma ya 31/12 ubwo ni igihe umwaka uzaba utangiye, Rero ni muri urwo rwego Label ya Super level yari yagiye yamamaza igitaramo cyayo, Gusa ngo Umuyobozi wa Kina Music ariwe Ishimwe Clement Hari ibipapuro byamamaza igitaramo cya Urban boys yaje gutegeka ko bamanura ari nabyo byaje gutera umwuka utari mwiza hagati ya Label ya Super Level ndetse na Kina Music ya Clement.
| Aha niho hari habereye igitaramo cya kina music |
![]() |
| Icyapa cyamamaza album ya Urban boys bivugwa ko cyamanuwe n'abantu bari batumwe n'ubuyobozi bwa Kina Music Ariko nyuma kikaza kongera kumanikwa |
Umuyobozi wa kina music we (Ishimwe Clement) akba atagize icyo atangaza kuri iyi nkuru gusa akaba yemeje ko ibyo bitabaye avuga ko ari mu kazi kenshi we n'ikipe ye ("kina music") Batabona umwanya wo gukora ibyo.
Gusa nanone amakuru aturuka mu burundi yemeza ko koko ibi byapa byagiye bimanurwa gusa nyuma byaje gusubizwaho nyuma y'uko bitahuwe dore ko n'umwe mu bari kumwe n'iri tsinda rya Kina Music (Eddy Kamoso) we yemeje ko ibi byabayeho agsobanura n'impamvu.
Tanga Igitekerezo kuri iyi nkuru!
Share this:
Niba ukunda inkuru z' Madhouse250 komeza udukurikirane kuri
FACEBOOK PAGE
yacu
UNYUZE HANO
ukande Like.
Gutanga Igitekerezo ku nkuru hano biroroshye, Wakoresha Facebook yawe, Twitter, Cg E-Mail ahagana hasi.
Gutanga Igitekerezo ku nkuru hano biroroshye, Wakoresha Facebook yawe, Twitter, Cg E-Mail ahagana hasi.


